AHAZAZA H’ABAKINNYI 8 BA MANCHESTER CITY NTIHARASOBANUKA.

MANCHETSER CITY ISHOBORA KUZAREKURA ABAKINNYI 8 MURI IYI MPESHYI DORE KO AHAZAZA HABO HATARAMENYEKANA.
Hashingiwe ku miterere y’amasezerano, imyaka ndetse n’impinduka ziri kubera mu ikipe ya Manchester city, bamawe mu bakinnyi bari hafi gusoza amasezerano, n’abakiyafite nyamara hakaba hatazwi neza ahazaza h’umutoza Pep Guardiola, bishyira mu rungabangabo abakinnyi 6 bayikinira, iyi mpeshyi ikazaba idihishiye amaherezo y’abo.
Mu isoko ryo mu kwezi kwa mbere, iyi kie yibitseho Marc Guehi na Antoine Semenyo, baje bakurikira Gianluigi Donnarumma, Rayan Cherki, na Tijjani Reijnders. Abarimo James Trafford, Manuel Akanji, Nathan Ake, Rico Lewis John Stones, Jack Grealish, Mateo Kovacic, Kalvin Philips na Bernardo Silva ni bamwe mu bashobora kuzava muri iyi kipe yamaze kwegukana Carrabao cup, kimwe mu bikombe bitatu ihataniye kugeza kuri ubu.
Amakuru atangazwa na bamwe mu bantu ba hafi y’umutoza w’iyi kipe y’I Manchester, avuga ko bishoboka cyane kuzahindura umutoza, dore ko imyitwarire n’imigirire ya Pep Guardiola uyimazemo imyaka 12, itandukanye n’iyo bari bamuziho, haba mu bijyanye n’imigurire y’abakinnyi ndetse n’imikinire.
Comments are closed.