Itangazo rireba bamwe mubakoresha imihanda y’umujyi wa Kigali – RNP

Polisi y’u Rwanda irabamenyesha ko kuva tariki ya 17 Nzeri 2025 saa sita z’ijoro (12:00 AM), umuhanda uva Mu Mujyi – Kimihurura – RIB – KCC uza kuba ufungiye ku Kabindi, ibi bizatuma ibinyabiziga bituruka mu Mujyi bidakomeza nk’uko byari bisanzwe kubera imyiteguro y’irushanwa ry’isi ryo gusiganwa ku magare UCI.
Abakoresha iyi mihanda yavuzwe hejuru bazakoresha umuhanda Mu Mujyi – Kimicanga – Kacyiru cyangwa se Mu Mujyi – Kabindi – Roundabout — Kimihurura – ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda.
Ni mugihe champiyona y’Isi y’Amagare UCI isigaje iminsi 3 ngo ibere hano mu Rwanda muri Kigali kuva tariki 21 – 28 Nzeri 2025.

(Inkuru ya NIYONKURU Daniel /indorerwamo.com)
Comments are closed.