Uganda: Bobi Wine yatangaje ko umugore we n’abana bahunze igihugu.

220

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda yatangaje ko “byabaye ngombwa ko umugore we n’abana bahunga igihugu” kubera ubugizi bwa nabi bakorerwaga n’inzego z’umutekano mu gihugu cye cya Uganda.

Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yatangaje ibi ku wa gatatu mu ijambo riri mu butumwa bwa video yagejeje ku nama mpuzamahanga ku burenganzira bwa muntu yaberaga i Geneva mu Busuwisi.

Bobi ni we wahanganye cyane na Museveni mu matora yo mu kwezi gushize, yaje ku mwanya wa kabiri n’amajwi 24% inyuma ya Perezida Museveni wagize 71%, ariko kuva ibyayavuyemo byatangazwa yahise ajya mu bwihisho avuga ko inzego z’umutekano zirimo kumuhiga ngo zimufunge.

Mu butumwa yatanze mu nama yaberaga i Geneva, Bobi yasabye ko “isi ifatira ibihano” Perezida Yoweri “Museveni n’umuhungu we” Jenerali Muhoozi Kainerugaba kubera “ibikorwa bihohotera uburenganzira bwa muntu” ku batavuga rumwe na bo.

Yavuze ko akiri mu bwihisho ahantu atatangaje “atari ku bushake bwe” ko ahubwo abiterwa no gutinya kugirirwa nabi. Ati: “Byari ngombwa kugira ngo nkomeze kubaho. No kubasha kubavugisha aka kanya“.

Mu butumwa yashyize ku rubuga X, Muhoozi yanditse ko “ikintu cyiza” ku kuba Bobi Wine ataboneka “ni uko twese twamwibagiwe”, yongeraho ngo “Azagume i Geneva burundu”.

Muhoozi Kainerugaba, umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, yashyize umuhate mu gushakisha no gufata Bobi Wine ariko kugeza ubu ntiyabigezeho. Kugeza ubu nta cyemeza ko ari i Geneva, nk’uko Muhoozi abivuga.

Bobi yinubira ko abantu bo mu ishyaka rye n’abari hafi ye bakomeje kugirirwa nabi bamuziza we, kandi akemeza ko n’urugo rwe “ruracyagoswe n’abasirikare”.

Mu gihe yemeza ko umugore we n’abana bafitanye bane bahunze igihugu, kugeza ubu aho Bobi Wine aherereye ntabwo hazwi, yavuze ko azagaruka mu ruhame “mu gihe gikwiriye”.

Comments are closed.