Sudan irashinja Uganda gushyigikira iterabwoba

151

Igihugu cya Sudan kirashinja Leta ya Uganda gushyigikira iterabwoba nyuma y’aho iki gihugu cyemeye kwakira umuyobozi w’umutwe wa RSF uhanganye na Leta ya Sudan

Leta ya Sudani yamaganye ndetse inashinja Uganda gushyigikira no guhemebera iterabwoba nyuma y’uko kuri uyu wa gatanu ushize, Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yemeye ko yahuye ndetse akakira Bwana DAGALO, umukuru w’umutwe w’ingabo zitwara gisirikare wa Rapid Support Forces (RSF), akamwakirira mu mujyi wa Entebbe mu murwa mukuru wa Uganda. Uyu mutwe umaze igihe kitari gito uhangana n’ingabo za Sudan. Igihugu cya Sudan kiravuga ko ibyo Uganda yakoze ari “igisebo ku nyokomuntu”.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Sudani yatangaje ko Uganda yirengagije amategeko mpuzamahanga maze yakira komanda wa RSF, Mohamed Hamdan Dagalo, uzwi kandi ku izina rya Hemedti, aho abarwanyi be bashinjwa gukora ubwicanyi nedengakamere mu ntambara ikomeje kubera muri Sudani.

Mu cyumweru gishize Umuryango w’Abibumbye (ONU) washinje uyu mutwe, gukora ibikorwa bifite “ibimenyetso bya jenoside”. Kugeza ubu ntacyo RSF yari yatangaza kuri ibyo birego bya ONU, ariko mu gihe cyashize yahakanye ibirego nk’ibyo.

Museveni, washyizweho n’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU) kugira ngo abe umuhuza hagati y’ingabo za Sudani na RSF, yavuze ko ibyo yakoze bishimangira “igisubizo cya politiki gishingiye ku mahoro.”

Perezida Museveni yakiriye komanda Dagalo, byamaganwa na Leta ya Sudan

Mu itangazo yasohotse ku cyumweru, minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Sudani yagize iti: “Leta ya Sudani yamaganye mu buryo bukomeye cyane kuba Uganda yakiriye umukuru w’inyeshyamba Mohamed Hamdan Dagalo, komanda w’umutwe w’iterabwoba.”

Iryo tangazo ryamaganye inama yabaye hagati ya Dagalo na Perezida wa Uganda, rivuga ko ari “igikorwa kitari cyarigeze kibaho cy’igisebo ku nyokomuntu yose, mbere yuko kiba igisebo ku baturage ba Sudani.”

Sudani yavuze ko yumva ko Uganda ifite uburenganzira bwo kwakira uwo ari we wese ku butaka bwayo, ariko iyishinja ko kwakira Dagalo bigaragaza kurenga ku mategeko mpuzamahanga . Leta ya Uganda nta cyo iratangaza kuri ibyo birego.

Perezida Museveni, mu itangazo yasohoye mbere, yavuze muri macye ibyaganiriweho hagati ye na Dagalo, agira ati: “Nk’uko bisanzwe, nashimangiye ko ibiganiro n’umuti wa politike w’amahoro ari byo byonyine byatanga umutekano urambye muri Sudani no mu karere.”

Iyi ntambara imaze guhitana abantu babarirwa mu bihumbi amagana, abarenga miliyoni 13 bava mu byabo, ndetse itera inzara mu bice byinshi by’igihugu.

Impande zombi, ni ukuvuga RSF n’ingabo za Sudani, zashinjwe gukora ibyaha ndengakamere.

Mu cyumweru gishize, itsinda rya ONU ryatangaje ko ibimenyetso by’ubwicanyi ndengakamere bwakozwe mu gihe RSF yagotaga umujyi wa el-Fasher biganisha ku kuba harabaye jenoside.

Mu gihe cyose iyi ntambara imaze, leta ya Sudani yakomeje kunenga ibihugu byo mu karere byakira abakuru ba RSF.

Umwaka ushize, Sudani yahagaritse ibicuruzwa byose byatumizwaga muri Kenya nyuma y’uko RSF ikoreye inama mu murwa mukuru Nairobi wa Kenya.

Kenya yo yavuze ko kwakira izo nama byari bigamije gushaka inzira yo guhagarika intambara, “nta zindi nyungu zihishe zirimo.”

Ariko intambara nta kimenyetso igaragaza cyo guhagarara. Ku wa gatandatu, RSF yatangaje ko yigaruriye umujyi wa al-Tina muri Darfur y’amajyaruguru nyuma y’imirwano ikomeye yamaze iminsi.

Comments are closed.