Mangok Mathiang wakinnye muri NBA yongewe muri APR BBC yitegura BAL
APR BBC yaguze Umunyamerika Leonard Craig Randall n’Umunya-Sudani y’Epfo, Mangok Mathiang mu rwego rwo gukarishya ikipe ikomeje kwitegura Basketball Africa League (BAL 2026).
Randall ukina nk’Umu-Point Guard ni umwe mu bitezwe cyane kuko yanyuze mu makipe yo muri za Kaminuza arimo Memphis Tigers, UT Martin Skyhawks ndetse yabaye umukinnyi mwiza wazamuye urwego kurusha abandi akinira Long Island Nets muri NBA G League mu mwaka w’imikino wa 2021-22.
Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yongeyemo kandi Mangok Mathiang wakiniye Charlotte Hornets yo muri NBA, kuri ubu yakiniraga Beijing Ducks yo mu Bushinwa ndetse ari bakinnyi b’Ikipe y’igihugu ya Sudani y’Epfo bakinnye imikino Olempike ya 2022.
Aba bakinnyi biyongereye kuri Teafale Lenard w’imyaka 24 wakiniraga MBB BBC mu marushanwa ya BAL 2025 ndetse ni umwe mu bagaragaje urwego rwiza ubwo bakinaga na APR BBC mu Itsinda rya Nile Conference ryabereye muri BK Arena.
APR BBC izaserukira u Rwanda muri BAL ku nshuro ya Gatatu yikurikiranya, mu mwaka ushize yabaye Ikipe ya mbere yo mu Rwanda no mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba isoreje ku mwanya wa gatatu kuva iri rushanwa ryatangira mu 2021.

Comments are closed.