Mu gihe intambara ikomeje guca ibintu muri DRC, PerezidaTrump yikomye mu gatuza avuga ko yayirangije

243

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushyira intambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu zo yahagaritse hirya no hino ku Isi.

Mu ijambo yagejeje ku Banyamerika ku wa 24 Gashyantare 2026, Trump yavuze ko yashoboye kubungabunga umutekano mu gihugu kuva yajya ku butegetsi mu ntangiriro z’umwaka ushize, anahagarika intambara umunani.

Yagize ati:”Nahagaritse intambara umunani muri Cambodia. Ntibishimishije? Cambodia na Thailand, Pakistan n’u Buhinde yashoboraga kuba intambara y’intwaro kirimbuzi. Abantu miliyoni 35 bavuze ko Minisitiri w’Intebe wa Pakistan yari gupfa iyo ntagoboka.”

Trump yavuze ko yahagaritse intambara ya Kosovo na Serbia, iya Israel na Iran, “iya Congo n’u Rwanda, birumvikana n’intambara yo muri Gaza ikomeje ku muvuduko muke kandi ndagira ngo nshimire Steve Witkoff na Jared ku bw’ubufasha bwanyu.”

Steve Witkoff na Jared Kushner bavugwa na Trump ni intumwa ze mu biganiro bihuza impande zishyamiranye mu Burasirazuba bwo Hagati. Bagize uruhare mu biganiro bihagarika imirwano y’urudaca mu ntara ya Gaza.

U Rwanda na RDC byasinyiye amasezerano y’amahoro i Washington, byemeranya gushyigikira ihagarikwa ry’imirwano hagati y’impande zihanganiye mu burasirazuba bwa RDC, ariko ibitero bikomeje kugabwa mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC rimaze iminsi rigaba ibitero ku birindiro bya AFC/M23, iby’umutwe witwaje intwaro wa MRDP-Twirwaneho ugenzura Komini Minembwe, no ku basivili.

Kimwe mu bitero bifatwa nk’ubushotoranyi bukomeye, kinaca amarenga ko nta gahunda ihari yo kubahiriza agahenge, ni icyo ingabo za RDC zagabye muri santere ya Rubaya igenzurwa na AFC/M23, mu rukerera rwo ku wa 24 Gashyantare 2026, zifashishije drones.

facebook sharing button whatsapp sharing button

Comments are closed.