Kenya: Ukekwaho gucuruza abanya-Kenya bakajya kurwanira Uburusiya yatawe muri yombi 

243

Inzego z’ubuyobozi muri Kenya, zataye muri yombi umugabo ukekwaho kohereza abanyakenya 25 kujya kurwanira u Burusiya mu ntambara buhanganyemo na Ukraine.

Guverinoma ya Kenya iherutse gutangaza ko abarenga 1000 bo muri Kenya, bahawe akazi ko kurwanira u Burusiya muri Ukraine.

Ni amakuru yagiye hanze nyuma y’uko imiryango itandukanye yari ikomeje kwigaragambya yamagana uburyo abantu babo bakomeje kuburirwa irengero.

Polisi ya Kenya yataye muri yombi umwe mu bashyizwe mu majwi ko atwara Abanya-Kenya yabijeje akazi keza mu Burusiya, bikarangira bisanze ku rugamba muri Ukraine.

Uwatawe muri yombi ni Festus Omwamba ukekwaho icuruzwa ry’abantu mu Majyaruguru ya Kenya mu Mujyi wa Moyale hafi n’umupaka wa Ethiopia.

Ku wa Kane, yagejejwe imbere y’urukiko rushinzwe kuburanisha ibyaha by’iterabwoba i Nairobi, ashinjwa by’umwihariko gutwara Abanya-Kenya 25 abajyana mu Burusiya mu mwaka ushize.

Umuvugizi wa Polisi, Michael Muchiri, yavuze ko Omwamba yafashwe ubwo yari ari kugerageza gutoroka nyuma yo kwinjira mu gihugu avuye mu Burusiya.

Guverinoma ya Kenya mu cyumweru gishize yatangaje ko Abanya-Kenya barenga 1.000 bajyanywe kurwanira u Burusiya mu ntambara muri Ukraine.

Yanavuze ko nibura Abanya-Kenya 89 bakiri ku rugamba, 39 bari mu bitaro, 28 baburiwe irengero mu mirwano, umwe byamenyekanye ko yaguye mu mirwano mu gihe abandi basubiye mu gihugu.

Bamwe mu batanze ubuhamya barimo John Kamau wabashije gutoroka urugamba, wahamije ko yahuye n’uregwa ubwo bari Nairobi aho ababaga bamaze gukusanywa babaga bari mbere yo kwerekeza mu Burusiya.

Comments are closed.