Iran yateguje ko intambara izarenga Uburasirazuba bwo Hagati mu gihe yongeye kugabwaho ibitero

151

Leta ya Iran yatangaje ko izakwirakwiza intambara hose ikarenga imbibi zo mu Burasirazuba bwo Hagati mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) na Isiraheli byatinyuka kongera kuyigabaho ibitero.

Iran yatangaje ibi kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Gicurasi 2026, nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump avuze ko yari asigaje isaha imwe gusa kugira ngo yongere gutangiza ibikorwa bya gisirikare kuri Iran.

Perezida Trump yahise aha Iran hagati y’iminsi ibiri n’itatu kugira ngo ibe yamaze kugera ku masezerano y’amahoro mu gihe visi perezida we, JD Vance, yavuze ko impande zombi zimaze gutera intambwe ifatika mu biganiro biri kuba, aho hashize ibyumweru bitandatu by’agahenge k’intambara.

Muri iki cyumweru Iran yoherereje Amerika ingingo zikubiye mu masezerano y’amahoro ariko ibikubiyemo bisa nk’ibiri mu zindi ngingo icyo gihugu cyigeze kwanga.

Iran yagaragaje ko yifuza ko yakomeza kugira uburenganzira bwo kugenzura umuhora wa Hormuz, igahabwa indishyi z’ibyangijwe mu ntambara, gukurirwaho ibihano by’ubukungu, kurekurirwa imitungo yayo yafatiriwe ndetse ingabo za Amerika zikava mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati bw’Isi.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza,(Reuters) bivuga ko ibi bisabwa na Iran n’ubundi bisa nk’ibyari byabanje mu minsi yashize ndetse, Perezida Donald Trump abitera utwatsi.

Ku wa 19 Gicurasi 2026, Trump yabwiye itangazamakuru ko yari ari hafi gutanga itegeko ryo gutangira ibindi bikorwa bya gisirikare ariko agahita abihagarika kugira ngo habeho amasezerano y’amahoro.

Yagize ati: “Hari hasigaye isaha imwe gusa ngo mfate icyemezo cyo kujya mu bikorwa bya gisirikare uyu munsi.”

Iran yakomeje kuburira ko izihorera by’intangarugero mu gihe Amerika yakomeza ubushotoranyi nk’uko mu bihe bitandukanye byemejwe n’ingabo z’icyo gihugu.

Kuva intambara ya Amerika ,Isiraheli na Iran yatangira muri Gashyantare, Iran yafunze umuhora wa Strait of Hormuz wanyuragaho 20% y’ibikomoka kuri peteroli byoherezwa ku Isi, ibintu byatumye ubukungu buhungabana.

Iran ivuga ko intego yayo ari ugufungurira uwo muhora ku bihugu by’inshuti kandi byemera amabwiriza yashyizweho kugira ngo biwukoreshe.

Comments are closed.