Jose Morinho yongeye ahabwa akazi ko gutoza ikipe ya Real Madrid

128

Nyuma y’uko kuva ku wa Mbere amakuru yacaracaraga hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga ko José Mário dos Santos Mourinho Félix, ashobora kwerekeza mu ikipe ya Real Madrid, bidasubirwaho byemejwe ko mu cyumweru gitaha azarara i Madrid muri Espagne.

Amakuru yatangajwe n’ibitangazamakuru bindukanye byo muri Espagne, avuga ko uyu mugabo kabuhariwe mu gutoza ruhago, mu ntangiriro y’ibiganiro yahabwaga amasezerano y’imyaka ibiri yagombaga kurangira mu mwaka wa 2028 ariko hiyongeyeho undi mwaka kuko amasezerano azagera mu 2029.

Mourinho agarutse muri Real Madid nyuma y’uko Umutoza Xabi Alonso wayitozaga kuva mu 2025, atitwaye neza mu marushanwa atandukanye nka Spanish Super Cup, La Liga ndetse na UEFA Champions League, hakiyongeramo n’utundi tubazo twakunze kuvugwa hagati ye n’abakinnyi.

 Umutoza Xabi Alonso, kuri ubu we yamaze kwerekeza muri Chelsea yo mu Bwongereza.

Mourihno w’imyaka 63 ategerejweho kuzahura iyi kipe nk’uko yabikoze mu 2004 ubwo bitunguranye yatwaraga UEFA Champions League mu ikipe ya FC Porto.

Nyuma yaho yatoje amakipe y’ibihangange nka Chelsea FC, Inter Milan, Real Madrid CF, Manchester United FC, Tottenham Hotspur FC, AS Roma, Fenerbahçe SK, SL Benfica.

Mugihe yatozaga Real Madrid kuva 2010 kugera 2013 yatwaye ibikombe bitatu icya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Espagne (La Liga), Igikombe cy’Umwami (Copa Del Rey), ndetse n’igikombe kiruta ibindi muri Espagne (Spanish Super Cup) anakuraho agahigo ko kwikubira ibikombe kari gafitwe na FC Barcelona yatozwaga na Pep Guardiola icyo gihe.

Comments are closed.