Ishyaka NUP rya Boby Wine ritemeye ibyavuye mu matora ryavuze ko ritazaregera ibyavuye mu matora

220

Ishyaka rya NUP (National Unity Platform) ry’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi nka Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa ryagaragaje ko ritemera ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, icyakora rivuga ko ritazaregera Urukiko rw’Ikirenga kuko batizeye ubutabera rwarwo.

Ibi ni ibyatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru wa NUP, David Lewis Rubongoya, wabwiye itangazamakuru ko batizeye ubutabera bw’Urukiko w’Ikirenga gusa asaba abantu bose bumva ko bibwe mu gihe cy’amatora babifiteye ibimenyetso ko babijyana mu nkiko kuko nawe agiye kurega.

Ati “Ngiye gushaka ubutabera mu rukiko ku bw’instinzi yanjye yibwe. Turabizi ko nta cyizere dufitiye ubutabera bwacu ariko tugomba kugaragaza ibimenyetso. Abantu bose bumva ko bibwe bakwiye kugana urukiko kugira ngo rubikurikirane.”

David Lewis Rubongoya wari mu biyamamarije kuba umudepite ariko bikarangira atsinzwe agaragaza ko yibwe amajwi ndetse ko agiye kujya kuregera urukiko rwisumbuye.

Ku wa 15 Mutarama ni bwo komisiyo ishinzwe amatora muri Uganda yatangaje ko Yoweri Kaguta Museveni, yongeye gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu ku majwi 71,6%, ahigitse abandi bakandida barindwi bari bahatanye.

Iyo komisiyo yatangaje ko umukandida wakurikiye Perezida Museveni ari Robert Kyagulanyi Ssentamu wamenyekanye mu muziki nka Bobi Wine aho yagize amajwi 24,72%.

James Nandala Mafabi wari uhagarariye ishyaka FDC ryashinzwe na Dr. Kizza Besigye, yagize 1,88%. Abandi bakandida bagize amajwi ari hagati ya 0,21% na 0,53%.

Amatora ya Perezida wa Uganda yahuriranye n’ay’abadepite. Mu gihe Komisiyo y’amatora yatangazaga ibyavuyemo, mu bice bitandukanye by’igihugu habaye imvururu zatewe n’abataranyurwaga na byo.

Ni mu gihe Bobi Wine we yavuze ko we n’umugore we bari mu bwihisho ahantu hatekanye nyuma yo guterwa n’abashinzwe umutekano ku wa 16 Mutarama bari bafite kajugujugu, bashaka kubafunga.

Uyu munyapolitiki yatangaje ko atemera ibyavuye mu matora byatangajwe na Perezida wa Komisiyo y’amatora, Simon Mugenyi Byabakama, kuko ngo ntaho bihuriye n’ukuri kw’amahitamo y’abatoye.

Bobi Wine yavuze ko abakozi benshi b’ishyaka rye, NUP, batawe muri yombi, internet irahagarikwa hagamijwe kwiba amajwi y’abandi bakandida. Yasabye Abanya-Uganda kwanga ibyatangajwe na Komisiyo y’Amatora.

Comments are closed.