Kigali: Umugore w’imyaka 34 akurikiranyweho gusambanya agasore k’imyaka 14

266

Umugore w’imyaka 34 wo mu Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 14 y’amavuko akamushukisha 1 000Frw, yemera icyaha agasobanura ko uyu mwana ari we wamusabye ko basambana, kuko we asanzwe akora akazi ko kwicuruza.

Uyu mugore waburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, akekwaho kuba yarasambanye n’umwana w’umuhungu w’imyaka 14 tariki 31 Ukuboza 2025 na tariki 03 Mutarama 2026.

Ibi byabereye mu Mudugudu Karenge, Akagari ka Nyakabungo, Umurenge wa Jali, mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Ubushinjacyaha buvuga ko muri ayo matariki, uyu mugore “yasambanyije uyu mwana nyuma akamushukisha amafaranga 1000 Frw kugira ngo atazabivuga.”

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda dukesha aya makuru, buvuga ko mu rubanza rwaburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo.

“uregwa yaburanye yemera icyaha. Asobanura ko uwo mwana ari we wamusabye ko basambana kuko we asanzwe akora akazi k’uburaya.

Nyuma yuko kumva ibyatangajwe n’uruhande rw’uregwa n’Ubushinjacyaha muri uru rubanza, Urukiko rwahise rurupfundikira, rwanzura ko umwanzuro warwo uzasomwa ku itariki ya 23 Gashyantare 2026.

Icyaha cyo gusambanya umwana uregwa akurikiranyweho gitenywa kandi kigahanishwa ingingo ya 14 y’Itegeko nº 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Comments are closed.