U Rwanda rurashinja FARDC na FDNB kurenga ku masezerano y’amahoro.

358

Leta y’u Rwanda yatangaje ko idashobora kubazwa ihonyorwa ry’agahenge, ibitero n’imirwano bikomeje kuba mu ntara ya Kivu y’Epfo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ibishinja ingabo za Congo (FARDC) n’ingabo z’u Burundi (FDNB) n’imitwe ifatanya na zo irimo FDLR n’uw’Abanye-Congo wa Wazalendo.

Mu itangazo minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda yasohoye ku wa gatatu, yashinje FARDC kuba yari imaze amezi itegura ibi bitero byatangijwe mu cyumweru gishize, ndetse ko amahanga atasabye ko bihagarara.

FARDC irabihakana, ikavuga ko ari yo yagabweho ibitero bishya n’ingabo z’u Rwanda (RDF) zifatanyije na M23. DRC yanakomeje guhakana ivuga ko nta gahunda y’ubutegetsi iriho yo gukorana na FDLR, inaburira ko umusirikare wayo uzabirengaho azabihanirwa.

U Rwanda rwanashinje FARDC kugaba ibitero by’indege z’intambara n’indege nto zitajyamo abapilote (drone) ku byaro bituwe n’abasivile biri hafi y’umupaka w’u Rwanda, ivuga ko AFC/M23 yavuze ko byabaye ngombwa ko ihangana na byo.

Leta y’u Rwanda igira iti: “DRC yatangaje ku mugaragaro ko itazakurikiza agahenge ako ari ko kose, kandi ko irimo kurwana ngo yisubize ibice byigaruriwe na AFC/M23, no mu gihe gahunda y’amahoro yatangiraga.”

U Rwanda ruvuga ko ibi byose rwari rwarabimenyesheje amahanga ko DRC ishaka “igisubizo cya gisirikare” nubwo na yo afite uburyo bwo kubyigenzurira.

Kigali itangaje ibi nyuma yuko ku wa kabiri ibihugu bikomeye birimo Amerika, umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi n’Ubwongereza bisohoye itangazo bihuriyeho byamagana “igitero gishya cya M23, ifashijwe n’u Rwanda, mu nkengero za Uvira (muri Kivu y’Epfo) hafi y’u Burundi giteje ibyago byo guteza umutekano mucye mu karere kose”.

Ibyo bihugu byasabye M23 n’ingabo z’u Rwanda (RDF) “guhagarika ibitero aka kanya mu burasirazuba bwa DRC, by’umwihariko muri Kivu y’Epfo”.

Byanasabye “RDF gukura ingabo mu burasirazuba bwa DRC bijyanye n’umwanzuro [nimero] 2773 w’Akanama k’Umutekano ka UN na M23 ikubahiriza ibyo yiyemeje mu itangazo ry’amahame [ngenga y’amasezerano y’amahoro] yasinyiwe i Doha ku itariki ya 19 Nyakanga [7] mu 2025”.

U Rwanda ruhakana ko rwohereje ingabo muri DRC, rukavuga ko rwashyizeho “ingamba z’ubwirinzi”. U Rwanda rushinjwa muri raporo z’inzobere za ONU gufasha mu basirikare n’ibikoresho, kugenzura no guha amategeko M23.

Mu itangazo ryayo, leta y’u Rwanda ivuga ko kuba Kinshasa yarananiwe kurandura FDLR, nkuko biri mu masezerano y’amahoro hagati y’ibihugu byombi yo muri Kamena (6) uyu mwaka bikomeje gutinza irangizwa ry’intambara mu burasirazuba bwa DRC, ari yo “ntego nyamukuru y’amasezerano ya Washington”.

Ayo masezerano yemejwe na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa DRC Félix Tshisekedi i Washington ku wa kane ushize, bahagarikiwe na Perezida w’Amerika Donald Trump.

U Rwanda rugira ruti: “Ubu biragaragara ko DRC itigeze na rimwe yiyemeza amahoro, nubwo Perezida Tshisekedi yitabiriye umuhango wo ku itariki ya 4 Ukuboza [12], nkaho yahatiwe gusinya amasezerano.”

FDLR ni umutwe w’inyeshyamba urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda ukorera mu burasirazuba bwa DRC, urimo bamwe bashinjwa kugira uruhare muri jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994.

Amasezerano y’amahoro ya Washington yo ku itariki ya 27 Kamena nta ho ateganya ko hari ingingo runaka uruhande rumwe rugomba kubanza kubahiriza kugira ngo urundi na rwo rugire icyo rukora, ahubwo avuga ko impande zombi zigomba kuyubahiriza ako kanya.

Comments are closed.