Umuvugizi wa Netanyahu yafunzwe azira kumena amabanga
Urukiko rwa Israel rwavuze ko uwahoze ari umuvugizi wa Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu yatawe muri yombi akekwaho gutangaza inyandiko z’ibanga ku binyamakuru nta burenganzira ahawe, urukiko rwavuze ko ibi bishobora kwangiza amasezerano yo kurekura imfungwa zifungiye muri Gaza.
Urukiko rwavuze ko Eli Feldstein yatawe muri yombi hamwe n’abandi bantu batatu, barimo n’abagize inzego z’umutekano.
Ibinyamakuru muri Israel bivuga ko urukiko rwemeje irekurwa ry’abantu bane batawe muri yombi mu rubanza rw’amabanga y’umutekano.
Uru rubanza rwatumye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bibaza niba Netanyahu yaragize uruhare muri ayo makuru yatangajwe, mu gihe ibiro bya Minisitiri w’Intebe byanze iyo raporo.
Netanyahu yahakanye ko nta cyaha cyakozwe n’abakozi bo mu biro bye, kandi yavuze mu itangazo ryo kuwa Gatandatu ko yamenye gusa iby’iryo tangazo binyuze mu nyandiko zasohotse mu buryo butazwi zikagera mu itangazamakuru.
Comments are closed.