Umuyobozi wa EU avuga ko amahoro ari ‘ingenzi cyane’ kugira ngo ibicuruzwa by’ingufu bigere ku isi hose
Mu kiganiro n’abanyamakuru mu ruzinduko arimo muri Australia, umukuru w’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU), Ursula von der Leyen, yashimangiye ko bicyenewe ko hagerwa ku mahoro anyuze mu biganiro kugira ngo intambara yo muri Iran irangire.
Yavuze ko ahangayikishijwe cyane n’iyi ntambara hagati y’Amerika-Israel na Iran.
Von der Leyen, ari kumwe na Minisitiri w’intebe wa Australia Anthony Albanese mu murwa mukuru Canberra, yagize ati: “Ni ingenzi cyane ko tugera ku gisubizo kinyuze mu biganiro, ndetse ibi bikarangiza imirwano tubona mu burasirazuba bwo hagati.”
Von der Leyen yavuze ko bimwe mu bihugu byo muri EU birimo kwitegura gufasha mu “butumwa” bwo kurinda Ubunigo bwa Hormuz, umuhora unyuramo ibikomoka kuri peteroli byinshi.
Yagize ati: “Twese tugerwaho n’ingaruka ku biciro bya gaze n’ibikomoka kuri peteroli, ubucuruzi bwacu na sosiyete zacu.”
Yongeyeho ko uwo muhora unyuramo ubucuruzi ari “ingenzi cyane ku miyoboro itanga ingufu ku isi hose”.
Comments are closed.