USA: Umudepite w’umwirabura yasohowe hanze ubwo Perezida Trump yashyikirizaga ijambo

151

Umudepite wo mu ishyaka ry’abademokrate Bwana Al Green yasohowe hanze igitaraganya ubwo perezida Donald Trump yariho ashyikiriza ijambo mu nteko ishingamateka.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri taliki ya 24 Gashyantare 2026 ubwo perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yashyikirizaga ijambo rye mu ngoro y’inteka ishinga amategeko, abashinzwe umutekano basohoye nabi umwe mu badepite b’abirabura bo mu ishyaka ry’abademokrate Bwana Al Green nyuma y’uko uno mugabo azamuye icyapa kiriho amagambo agira ati:”Abirabura si ingagi”

Uyu mugabo yakoze ibi mu rwego rwo kwibutsa Donald Trump ko yakoze amakosa nyuma y’aho ashyize hanze amashusho yerekana Barrack Obama wahoze ari perezida wa Amerika ari kumwe n’umugore we mu ishusho y’ingagi.

Yari yitwaje icyapa kivuga ko Abirabura atari ingagi.

Bwana Green si ubwa mbere asohowe, kuko no mu mwaka ushize nabwo yarasohowe kugira ngo adatoba ijambo rya perezida Trump ubwo yavugaga ibijyanye na magendo hamwe n’umuhigo ku Banyamerika bakomoka muri Somalia mu ntara ya Minnesota.

Ijambo rya perezida Trump kuri uyu mugoroba ushize, ryibanze cyane mu kwerekana ko Amerika yongeye kwigarurira ijambo nka mbere ku ruhando rw’isi, ati:”Hari abashyize igihugu mu manga, ariko Imana ishimwe kuko ku buyobozi bwanjye Amerika imaze kongera kuba igihangange nka mbere”

Mu gihe Perezida Trump yatakaga ubuyobozi bwe mu gihe gito abusubiyeho, umwe mu badepite bo mu ishyaka ry’abademokrate uhagarariye Leta ya Minnesota madame Ilhan Omar yazamuye ijwi hejuru cyane yita Donald Trump umubeshyi, amushinja kubeshya rubanda, yagize ati:”Uri umubeshyi, uri umubeshyi, uri umunyabinyoma”

Yateye hejuru ashinja perezida kuba ari umubeshyi n’umunyabinyoma.

Trump ashyikirije iri jambo kandi mu gihe yuzuye uburakari inyuma y’imisi mike urukiko rukuru rutesheje agaciro icyemezo cya Trump cyo gushyiraho imisoro y’umurengera yari yafatiye ibihugu bitari bike kuva ageze ku butegetsi.

Mu ijambo rye ryo ku mugoroba, yavuze ko icyemezo cy’urukiko giteye isoni kikaba kandi ari igisebo n’icyasha ku butabera bwa Amerika.

Comments are closed.