CAS yakiriye yongera yemera Ubujurire bwa Senegal
Urukiko mpuzamahanga rukemura amakimbirane mu mikino (CAS) rwatangaje ko ruzafata umwanzuro ku bujurire bwa Senegal “byihuse bishoboka” nyuma yuko yambuwe igikombe cy’Afurika.
Senegal yatsinze Maroc igitego 1-0 ku mukino wa nyuma wabaye ku itariki ya 18 Mutarama, ariko ibyo byaje guhindurwa biba 3-0 ku ruhande rwa Maroc.
Abakinnyi ba Senegal bavuye mu kibuga bigaragambya ubwo Maroc, yakiniraga mu rugo, yahabwaga penaliti mu minota y’inyongera, mbere yuko bagaruka bagasubira mu mukino.
Nyuma y’ubujurire bwatanzwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Maroc (FRMF), impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) yaje gufata umwanzuro ko Senegal yatsinzwe ibitego 3-0 na Maroc.
Senegal yamaze kujuririra CAS kandi yizeye kongera kwegukana igikombe.
Umuyobozi mukuru wa CAS, Matthieu Reeb, yongeyeho ati: “Turabyumva ko amakipe n’abafana bafite amashyushyu yo kumenya icyemezo cya nyuma, kandi tuzakora kuburyo inzira y’ubukemurampaka ikorwa byihuse bishoboka, mu gihe hubahirizwa uburenganzira bw’impande zose bwo kuburanishwa mu buryo buboneye.”
Itangazo ryasohotse ryavuze ko kuri ubu nta gihe ntarengwa cyashyizweho cyo gutangaza umwanzuro.
Raymond Hack, wahoze ayobora akanama gashinzwe imyitwarire muri CAF, yavuze ko iki gikorwa gishobora gufata andi mezi atandatu kugira ngo kirangire, bivuze ko cyaba kigikomeza mu gihe cy’igikombe cy’isi.
Comments are closed.