Mali: Nyuma y’iyicwa rya Minisitiri w’ingabo, perezida Assimi niwe ugiye kwiyoborera iyo minisiteri
Perezida wa Mali Jenerali Assimi Goïta yafashe n’inshingano zo kuba Minisitiri w’ingabo w’iki gihugu mu muhate wo guhashya imitwe yitwaje intwaro yugarije iki gihugu.
Goïta afashe izi nshingano nyuma y’uko mu cyumweru cyashize Sadio Camara wari Minisitiri w’ingabo yishwe mu gitero cy’ubwiyahuzi cyakoresheje imodoka irimo ibisasu ku rugo rwiwe i Bamako.
Mali igeramiwe n’imitwe y’inyeshyamba z’aba-Tuaregs ivuga ko iharanira ubwigenge bw’agace k’iki gihugu n’ishyirwaho rya leta igendera ku mategeko ya Sharia.
Mali iri mu muryango w’ibihugu by’akarere ka Sahel ugizwe na yo na Burkina Faso na Niger, ibihugu bitegetswe n’abasirikare bafashe ubutegetsi kuri coup d’etat mu 2021 na 2022.
Ibi bihugu uko ari bitatu bivuga ko byashyize imbaraga hamwe kandi bimaze iminsi bigaba ibitero byo gufasha Mali kurwanya n’izo nyeshyamba.
Comments are closed.