Abayobozi n’abakunzi ba Nyanza FC basangiye n’abakinnyi banafatira hamwe ingamba nshya

2,750
Kwibuka30

Mu rwego rwo kwizihiza iminsi mikuru, ubuyobozi bw’ikipe ya Nyanza FC bwasangiye
n’abakinnyi mu rwego rwo kwifurizanya umwaka mushya muhire wa 2024.


Ni igikorwa cyabaye ku wa gatatu taliki ya 3 Mutarama 2024, kibera muri Nyanza peace Motel iherereye I Nyanza kikayoborwa na perezida w’ikipe ya Nyanza FC iri kubarizwa mu cyiciro cya kabiri.
Perezida wa Nyanza FC Camille Musoni yatangiye aha ikaze abakinnyi, abatoza, bamwe mu bafana bari bitabiriye uwo musangiro, abafatanyabikorwa b’ikipe aho Kavumu TSS yari ihagarariwe n’umuyobozi wayo. Nyuma yo guhana ikaze, ku bantu bose bitabiriye iki gikorwa, habayeho ibiganiro hagati y’ubuyobozi, umutoza ndetse n’abakinnyi, bafata ingamba zo kuzitwara neza mu mikino yose isigaye ya shampiyona uhereye ku wo bafitanye kuri uyu wa gatandatu taliki 6 Mutarama 2024 n’ikipe ikomoka mu Karere ka Rusizi yitwa SPRING HOPE A.

Kwibuka30

Abayobozi basabye abakinnyi gutanga byose bafite kugira ngo ikipe ive ku mwanya udashimishije iriho, noneho ibashe kwigira imbere ndetse izashobore gukina imikino ya ½ muri shampiyona y’ikiciro cya kabiri season 2023-2024 cyane ko kugeza ubu ubuyobozi bukomeje gukora ibishoboka byose ngo ikipe ikomeze kubaho neza. Ubu busabane bwasojwe n’umusangiro w’ibiribwa n’ibinyobwa impande zose zifurizanya umwaka mushya muhire wa 2024.

Ikipe ya Nyanza FC yatangiye nabi shampiyona ahanini bitewe n’impinduka nyinshi zabaye zirimo
gukoresha abakinnyi benshi bavuye muri junior yayo ndetse no guhindura umutoza.
Tubibutsa ko Nyanza FC ari ikipe ifite ibyiciro byose aribyo ikipe nkuru, junior, U17, U15, U13 ndetse ikaba iherutse no gutangiza icyiciro cy’abana bato bari munsi y’imyaka U10 kandi buri kiciro gifite abatoza
babihuguriwe.

Nyanza FC ni imwe mu makipe yaje yifuzwa cyane n’abatuye muri ako Karere cyane cyane abatuye mu mujyi no mu nkengero zawo, ubu abayobozi, abakinnyi ndetse n’abandi bose barebwa n’iterambere ry’ikipe bari ku gitutu cyo kongera kugeza iyo kipe mu cyiciro cya mbere nk’uko byahoze mbere y’uko ubuyobozi bw’ako Karere bwayisenyeye muri Rayon sport, ikintu cyasize igikomere n’umujinya ukomeye ku bakunzi ba Nyanza FC.

Leave A Reply

Your email address will not be published.