Afghanistan: Abatalibani bafashe umurwa mukuru, Prezida Ashraf arahunga

5,692
Is Afghanistan heading toward a civil war? | Asia | An in-depth look at  news from across the continent | DW | 09.07.2021

Abarwanyi b’aba Taliban bageze ku ntsinzi nyuma yo gufata umurwa mukuru Kabul wa Afghanistan, bashyira iherezo ryihuse ku myaka 20 ingabo z’amahanga zirangajwe imbere n’Amerika zari zimaze mu gihugu.

Abarwanyi bafashe ibiro bya perezida. Leta yasenyutse, Perezida Ashraf Ghani yahunze.

Umuvugizi w’uyu mutwe yabwiye televiziyo Al Jazeera ati: “Intambara irarangiye”.

Kabul yagiye mu kavuyo, mu gihe abahatuye n’abanyamahanga barimo kugerageza guhunga.

Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cyo muri uyu murwa mukuru, uwabibonye yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko abakozi baho bataye ameza yaho bakorera, mu gihe abantu bari barimo kwirukira ku ndege.

Amerika yajyanye ku kibuga cy’indege abakozi bayo bose b’ambasade. Igisirikare cy’Amerika cyafashe agace karimo ikibuga cy’indege kandi kiri muri gahunda yo kugenzura iby’ingendo ngo gihungishe Abanyamerika n’inshuti z’abanyamahanga ngo kibakure mu gihugu, nkuko bivugwa n’ibiro by’ububanyi n’amahanga by’Amerika.

Kabul yari wo mujyi ukomeye wonyine wo muri Afghanistan wari utarigarurirwa mu gitero cy’aba Taliban, cyatangiye mu mezi ashize ariko cyihuse cyane mu minsi ishize ubwo bafataga ahantu henshi, benshi bakurikiranira hafi iki gihugu bakumirwa.

Intagondwa zashoboye gufata iki gihugu nyuma yuko nyinshi mu ngabo z’amahanga zihavuye.

Perezida w’Amerika Joe Biden yashyigikiye icyemezo cye cyo gukura ingabo muri Afghanistan, avuga ko atari kubona igisobanuro cyo gutanga “ku kuba Amerika iri ubuziraherezo mu makimbirane y’abaturage b’ikindi gihugu”.

Ibihugu birenga 60, birimo Amerika, Ubwongereza na Uganda, byasohoye itangazo bihuriyeho bivuga ko abaturage ba Afghanistan “bakwiye kubaho mu ituze, mu mutekano no mu cyubahiro”, kandi ko umutekano w’abaturage no gushyira ibintu ku murongo bikwiye guhita bisubizwaho aka kanya.

Taliban sweep into Kabul presidential palace, capping shock Afghanistan  takeover | The Times of Israel
Abatalibani bigaruriye ibiro bya prezida

Byanasabye aba Taliban kwemerera buri wese wifuza kugenda akagenda, no gukomeza gufungura imihanda, ibibuga by’indege n’imipaka.

Ku cyumweru aba Taliban bari bategetswe kwinjira mu bice bimwe bya Kabul, nyuma yuko mbere bari bagumye mu nkengero z’uyu mujyi.

Bavuze ko binjiye mu mujyi kubuza ko habaho akavuyo no gusahura nyuma yuko abashinzwe umutekano ba Afghanistan bavuye muri bimwe mu bice byawo.

Amashusho yatangajwe na televiziyo Al Jazeera agaragaza abarwanyi bari imbere mu biro bya perezida, bazunguza imbunda.

Kwinjira muri Kabul kw’aba Taliban kubaye nyuma yuko Perezida Ghani yahunze.

Aho aherereye ntabwo haremezwa, ariko Al Jazeera, isubiramo amagambo y’umwe mu bakoraga mu biro bye, yavuze ko yahungiye n’indege mu murwa mukuru Tashkent w’igihugu cya Uzbekistan bahana imbibi.

Mu butumwa bwo kuri Facebook bugenewe abaturage ba Afghanistan, Bwana Ghani yavuze ko yafashe icyemezo kigoye cyo guhunga kugira ngo arinde ko hatemba imivu y’amaraso mu murwa mukuru.

Yagize ati: “Aba Taliban bageze ku ntsinzi binyuze ku nkota n’imbunda kandi bafite inshingano yo kurinda icyubahiro, uburumbuke no kwiyubaha kw’abacu dusangiye igihugu”.

Uyu Perezida hari n’abandi bamunenze guhunga.

Afghan president Ghani flees the country as the Taliban moves on Kabul

Abdullah Abdullah, ukuriye inama nkuru y’ubwiyunge mu gihugu, yagize ati: “Imana izabimubaza kandi n’igihugu kizaca urubanza”.

Hari habayeho guta umutwe muri Kabul mu gihe aba Taliban bari begereje kugera ku ntsinzi. Abahatuye bagannye ku kibuga cy’indege, bata imodoka bagenda n’amaguru, bashaka uko bava mu gihugu mu buryo ubwo ari bwo bwose.

Leave A Reply

Your email address will not be published.