Burera: Polisi yagaruye ibiro 550 by’ifumbire yari igiye kugurishwa hanze y’u Rwanda

4,614
Kwibuka30

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Burera kubufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abayobozi mu nzego z’ibanze mu minsi ibiri bamaze gufata  ibiro 550 by’ifumbire Leta igenera abahinzi muri gahunda ya Nkunganire hagamijwe kuzamura umusarura uva mu buhinzi. Tariki ya 17 Kamena abantu bane bafatanwe ibiro 450 naho kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 hafashwe ibiro 100 abari bayikoreye babashije gucika inzego z’umutekano.

Umuyobozi  wa Polisi mu Karere ka Burera, Superintendent of Police(SP) Aphrodise Nkundineza  avuga ko abafashwe tariki ya 17 Kamena bavuze ko iyo fumbire bari bayihawe n’umuhinzi witwa Ndungutse Claude ngo bayimujyanire mu gihugu cya Uganda bafatirwa mu nzira ari nijoro bataragerayo. Uyu Ndugutse aracyarimo gushakishwa kugira ngo hamenyekane neza aho akura iyo fumbire.

SP Nkundineza  yagize ati” Hari ku mugoroba wa tariki ya 17 Kamena saa tatu  umuturage wo mu Murenge wa Cyanika mu Kagari ka Kamanyana , Umudugudu wa Kabira aduha amakuru avuga ko hari abantu abonye bikoreye ibintu berekeza i Bugande. Twahise dukorana n’izindi nzego z’umutekano dufata abasore bane bikoreye imifuka turebye dusanga n’amafumbire arimo, bafatiwe mu Mudugudu n’akagari twavuze haruguru.”

Abafashwe ni  Mbonigaba Fred  w’imyaka 20,Dushimimana Didier w’imyaka  20, Habimana Jean Bosco afite imyaka 18 na Nkurunziza Aphonse w’imayaka 20.

Kwibuka30

SP Nkundineza yakomeje avuga ko  bariya basore bamaze gufatwa bavuze ko ari akazi bari bahawe na Ndungutse Claude ngo bayimwambukirize bayijyane mu gihugu cya Uganda ajye kuyigurisha. Bavuze ko batazi aho akura iyo fumbire, buri muntu yari yamwemereye igihembo cy’amafaranga y’u Rwanda  igihumbi  bamaze kuyigezayo.  

Kuri uyu wa Gatandatu  tariki ya 19 Kamena abapolisi nanone bafashe ibiro 100 by’iyo fumbire ya nkunganire nayo yari ijyanywe mu gihugu cya Uganda ariko abari bayikoreye bikanze abapolisi bayikubita hasi bariruka.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Burera yagaye abantu bafite ingeso mbi yo gusahura  ibyo Leta igenera abaturage ngo biteze imbere mu buhizi  ahubwo bakajya guteza imbere ikindi  gihugu ikibabaje kurushaho ni  uko bagarukana  ibiyobyabwenge biza kwangiza ubuzima bw’abantu. Yavuze ko iriya fumbire ari iyo Leta igenera abaturage b’abahinzi kugira ngo bongere umusaruro w’ibikomoka  ku buhinzi. Yabibukije ko bagomba kwirinda kujya muri kiriya gihugu cya Uganda  kubera icyorezo cya COVID-19 kiriyo.

Ati”Ikintu cya mbere dukangurira abaturage ni ukwirinda kujya muri kiriya gihugu kuko twese tuzi ibihe barimo kubera ubukana bw’icyorezo  COVID-19  kiriyo.  Bashobora kunyura mu nzira za rwihishwa bakajyayo bagahura n’abaturage baho bakagarukana kiriya cyorezo, babyirinde birinde gukururira akaga abaturarwanda.”

Abafashwe bahise bapimwa icyorezo cya COVID-19 nyuma bakazashyirwa mu kato mbere y’uko bashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri Sitasiyo ya Polisi ya Cyanika kugira ngo hatangire iperereza.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 166 ivuga ko  Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Leave A Reply

Your email address will not be published.