Gasbo: babri batawe muri yombi nyuma yo gutemagura umugore

6,402
Kwibuka30
Gasabo: Umukecuru w'imyaka 57 yasanzwe yarapfiriye mu nzu | IGIHE

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abagabo babiri bakekwaho gutemesha umuhoro umugore witwa w’imyaka 28 bakamukomeretsa bikomeye.

Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa  3 Mata 2022, mu Murenge wa Jabana, Akagari ka Bweramvura, Umudugudu wa Gitega mu Karere ka Gasabo.

Amakuru UMUSEKE dukesha iyi nkuru wamenye ni uko kuri iyo tariki mu masaha ya mbili z’umugoroba uwo mugore witwa Mutabangana Betty yari avuye guhaha mu isantere y’aho atuye, ahura n’abo bantu bamutemesha umuhoro ariko aza gutabarwa atarashiramo umwuka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jabana, Rwamucyo Gonzague yabwiye UMUSEKE ko ayo makuru bayamenye ndetse ko hahise hatabwa muri yombi babiri bagikekwa.

Kwibuka30

Ati “Amakuru narayamenye byabaye mu ijoro ryo ku itariki 2 rishyira ku itariki 3 Mata 2022. Amakuru dufite ni uko umudamu yari avuye mu isantere ahura n’abantu bagikekwa bafashwe, baramufata, baramutema bigaragara ko ari abagizi ba nabi mu by’ukuri. Hari abafashwe bari kuri RIB ikorera mu Murenge wa Jabana. “

Uyu muyobozi yavuze ko abakekwaho gukora biriya baturanye n’uyu muturage, aho bivugwa ko yari afitanye ikibazo na bo.

Rwamucyo yasabye abantu kwirinda ubugizi bwa nabi kandi abafite ibibazo bakihutira kugana amategeko aho kwihanira.

Ati “Mu by’ukuri ni ibintu bibaje, turi mu gihugu turwana no kongera gusanasana, aho abantu bagifite imitima [y’ubugome]. Kubona ibintu nka biriya ni ibintu biba bibabaje. Umuntu ufata gahunda nk’iriya, ni umuntu usenya, ni umuntu mubi, nta kindi twakora uretse kubyamagana kandi tugasaba ko niba abantu bagiranye ikibazo runaka bakwiye kwiyambaza amategeko.”

Yavuze ko yabanje kwitabwaho n’abaganga ariko kugeza ubu akaba ari kwivuriza iwe mu rugo.

Comments are closed.