Polisi y’u Rwanda yasinye amasezerano y’ubufatanye na Kaminuza ya Kent State

5,556

Polisi y’u Rwanda na Kaminuza ya Kent State yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu by’uburezi n’ubushakashatsi.

Ni amasezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kane, tariki ya 26 Mutarama, ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru hagati y’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza na Marcello Fantoni, Visi Perezida wa kaminuza ya Kent State ushinzwe uburezi mpuzamahanga.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yavuze ko aya masezerano yashyizweho umukono agamije guteza imbere umubano n’ubufatanye hagati y’inzego zombi hagamijwe inyungu ku mpande zombi.

Yagize ati: “Yitezweho gushimangira ubufatanye bushingiye ku guteza imbere ubumenyi n’umuco binyuze mu guhuriza hamwe no gufashanya mu byerekeranye n’uburezi n’ubushakashatsi.”

Polisi y’u Rwanda na Kaminuza ya Kent State yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu by’uburezi n’ubushakashatsi.

Ni amasezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kane, tariki ya 26 Mutarama, ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru hagati y’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza na Marcello Fantoni, Visi Perezida wa kaminuza ya Kent State ushinzwe uburezi mpuzamahanga.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yavuze ko aya masezerano yashyizweho umukono agamije guteza imbere umubano n’ubufatanye hagati y’inzego zombi hagamijwe inyungu ku mpande zombi.

Yagize ati: “Yitezweho gushimangira ubufatanye bushingiye ku guteza imbere ubumenyi n’umuco binyuze mu guhuriza hamwe no gufashanya mu byerekeranye n’uburezi n’ubushakashatsi.”

Leave A Reply

Your email address will not be published.