Sudani y’Epfo: Abapolisi bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bambitswe imidali y’ishimwe

4,276

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28 Nzeri Umuryango w’abibumbye wambitse abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo imidali y’ishimwe. Abambitswe imidali ni abapolisi b’u Rwanda 158 bagize itsinda ry’abapolisi bari mu butumwa bw ‘umuryango w’abibumbye muri iki gihugu cya Sudani y’Epfo(RWAFPU-3) baba mu Mujyi wa Juba kuva muri Ugushyingo 2020 n’abandi bapolisi 23 bihariye(IPOs).

Umuhango wo kwambika imidali aba bapolisi wari uyobowe n’intumwa yihariye y’umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye mu butumwa bwo muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Nicholas Haysom.

Hari kandi uhagarariye intumwa z’umuryango w’abibimbye muri Sudani y’Epfo, Police Commissioner, Madam Unaisi Lutu Vuniwaqa, umuyobozi wa Polisi wungirije muri Polisi ya Sudani y’Epfo, Lt Gen. Abraham Manyuat Peter, hari n’abayobozi b’amashami y’umuryango w’abibimbye muri Sudani y’Epfo.

Mu ijambo rya Haysom yashimiye Leta y’u Rwanda ku ruhare rwayo n’umurava ku mahoro.

Yagize ati “Nubwo u Rwanda rwagize amateka atari meza ya Genoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994, ubu u Rwanda ruri ku mwanya wa 3 mu gutanga umusanzu mu butumwa bw ‘umuryango w’abibumbye bugamije kubungabunga amahoro. Ubu turi hano mu gushimira no no guha icyubahiro abasore n’inkumi b’u Rwanda.”

Yabashimiye uruhare rwabo mu kubungabunga amahoro n’umutekano muri iki gihugu cya Sudani y’Epfo no gufasha abaturage b’iki gihugu kwiyubakira ubushobozi binyuze mu kwicungira umutekano no kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina n’ibindi bitandukanye.

Abapolisi bambitswe imidali y’ishimwe biganjemo ab’igitsina gore ari nabyo Haysom yashimye kuba abagore nabo bagira uruhare mu kurinda amahoro.

Ati “Ibikorwa mwakoze bizahora byibukwa n’abaturage b’iki gihugu. Mwaranzwe n’ubushishozi, kwihesha agaciro kugeza ubwo mugiye gusubira iwanyu. Imidali mwambitswe uyu munsi ni ishimwe ry’ubwitange bwanyu no kuba ba ambasaderi beza b’Igihugu cyanyu ndetse n’umuryango w’abibumbye.”

Umuyobozi w’itsinda ry’abapolisi bambitswe imidali, Senior Superintendent of Police(SSP) Jeannette Masozera yashimiye ubuyobozi bw ‘intumwa z’umuryango w’abibumbye muri Sudani y’Epfo, Polisi ya Sudani y’Epfo ndetse n’abaturage b’iki gihugu uburyo babafashije kugira ngo bashobore gusohoza inshingano zabo.

Yagize ati “Imirimo yacu yari ijyanye n’inshingano z’umuryango w’abibumbye, kurinda abasivili, kugarura umwuka mwiza wo gufasha ikiremwa muntu, kugenzura no guperereza ku burenganzira bwa muntu no gufasha ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro muri iki gihugu.”

SSP Masozera yakomeje avuga ko nubwo bahuye n’imbogamizi zitandukanye ,itsinda yari ayoboye ryakomeje kwihangana bacyemura ibibazo byari bihari. Yavuze ko yishimiye kuba bambitswe imidali y’ishimwe kubera ubwitange no gukora cyane bibaranga.

Comments are closed.