Tanzania: Perezida Suluhu yasabye ko hakorwa iperereza ku rupfu rwa Ali Kibao utavugaga rumwe n’ubutegetsi bwe

312

Perezida Samia Suluhu wa Tanzania yategetse ko hakorwa iperereza ku iyicwa ry’umwe mu batavugarumwe n’ubutegetsi bakomeye muri Tanzania.

Mohamed Ali Kibao, wari mu bunyamabanga bw’ishyaka Chadema, byatangajwe ko yaburiwe irengero ku wa gatandatu nyuma y’uko avanywe mu modoka rusange n’abantu batamenyekanye ubwo yarimo yerekeza iwabo ku ivuko mu mujyi wa Tanga avuye i Dar es Salaam.

Umurambo we waje kuboneka mu gace ka Ununio, mu majyaruguru ya Dar es Salaam. Ubu hari gukorwa isuzuma mu kugaragaza icyamwishe.

Ishyaka Chadema rivuga ko abantu bitwaje intwaro bahagaritse iyo modoka rusange igeze hafi y’ahitwa Tegeta bakoresheje imodoka bwite ebyiri, bategeka umushoferi n’abagenzi kudasohoka mu modoka, “binjiramo basohora ku ngufu Mzee Kibao wari ugiye i Tanga”.

Umurambo we waje kuboneka ku cyumweru, amakuru y’ibinyamakuru mu gihugu avuga ko umubiri we werekana ibimenyetso ko yakorewe iyicarubozo.

Mu butumwa yashyize ku rubuga X, Perezida Samia yagize ati: “Nategetse abashinzwe iperereza kumpa raporo irambuye kuri iki gikorwa cy’urwango, hamwe n’ibindi bisa na cyo, vuba bishoboka.

“Igihugu cyacu ni demokarasi, kandi buri muturage afite uburenganzira bwo kubaho. Leta nyoboye ntabwo yihanganira ibikorwa nk’ibi by’ubugome.”

Samia yavuze ko yihanganishije umuryango wa Kibao, inshuti ze na bene wabo, n’abakuriye ishyaka Chadema.

Iyicwa rya Kibao ryateye uburakari no kwamaganwa muri Tanzania, benshi basaba leta gufata ingamba ku bantu baburirwa irengero, abashimutwa na bamwe bicwa.

Ishyaka Chadema, n’ayandi, ryamaganye ubu bwicanyi kandi ryasabye leta ibisobanuro no kugira icyo ikora.

Ku butegetsi bwa John Magufuli (2015 – 2021) leta ye yanenzwe guhonyora uburenganzira bwa muntu, kwibasira abatavuga rumwe n’ubutegetsi no gufunga ubwisanzure bw’itangazamakuru.

Ageze ku butegetsi, Samia Suluhu yizeje igihugu cyubahiriza uburenganzira n’ubwisanzure bwa bose.

Comments are closed.