Tanzaniya: Prezida Magufuli yiyamye aba ministres bifata “selfies” bari mu kazi

7,531
Kwibuka30
Tanzania: Magufuli Responds to Critics of Stiegler's George Project -  allAfrica.com

Perezida wa Tanzania John Magufuli yaburiye abagize guverinoma nshya kwirinda “indwara idasanzwe” yateye yo gutangaza ubutumwa bw’ibanga bw’akazi mu matsinda yo kuri WhatsApp.

Perezida Magufuli yanaburiye abaminisitiri kwirinda kwifata amafoto kuri telefone zabo zigezweho – aya azwi nka ‘selfies’ – mu gihe bari mu kazi, avuga ko akazi kabo “kazagaragarira” mu bikorwa bagezeho

Yabivuze ku wa gatatu mu muhango wo kwakira indahiro z’abaminisitiri n’ababungirije wabereye mu murwa mukuru Dodoma.

Ubutumwa bwo kuri Twitter bw’umuvugizi we busubiramo amagambo ya Bwana Magufuli agira ati:

Kwibuka30

“Muri guverinoma ubu hasigaye hari indwara idasanzwe aho n’amatangazo ya leta ashyirwa mu matsinda [groups] yo kuri WhatsApp. Amwe [amatangazo] y’ibanga arimo kumenwa. Mureke dukurikize indahiro zacu”.

Hagati aho, umudepite wari wagenwe ku mwanya muri guverinoma yawukuweho arasimbuzwa kubera kunanirwa gusubiramo amagambo akubiye mu ndahiro.

Francis Ndulane yajyaga kuba minisitiri wungirije ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Yagerageje inshuro nyinshi gusubiramo amagambo agize indahiro, nyuma asabwa kwicara akareka abandi na bo bakavuga indahiro zabo kuko byari bimaze kumunanira.

Mu kwezi kwa cumi ni bwo Bwana Magufuli yongeye gutorwa ku bwiganze bw’amajwi kuri manda ya kabiri y’imyaka itanu, mu matora abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuze ko yaranzwe n’uburiganya. Perezida Magufuli yagize amajwi 84%.

Leave A Reply

Your email address will not be published.