“Nta bwoba nari mfite”: Trump ku gitero muri hoteli yari arimo

197

Perezida Donald Trump yavuze ko “nta bwoba” yari afite ubwo yakurwaga huti huti ahaberaga igikorwa cyo gusangira n’abanyamakuru bakorana n’ibiro bye mu gihe umugabo witwaje intwaro yagerageza kuhinjira arasa.

Ku cyumweru, Trump yabwiye CBS News ati: “Nta bwoba nari mfite. Numva ubuzima. Kandi tuba mu isi itangaje”.

Cole Tomas Allen, umwalimu w’imyaka 31 ni we watawe muri yombi akekwaho iki gitero, yitezwe imbere y’urukiko kuri uyu wa mbere.

Muri icyo gikorwa Trump yari kumwe n’abategetsi bakuru barimo Visi-perezida JD Vance, Minisitiri w’ubuzima Robert F Kennedy Jr, Minisitiri w’itangazamakuru Karoline Leavitt, n’umwe mu bamufasha bakuru Stephen Miller.

Trump yavuze ko mu guhungisha abo banyacyubahiro we “atoroheye” abakozi ba Secret Service irinda perezida kumuvana aho.

Yagize ati: “Nashakaga kureba ibirimo kuba…Muri ako kanya twatangiye kubona ko bishoboka ko ari ikibazo gikomeye”.

Trump yavuze ko mu gihe kimwe abashinzwe umutekano we bamusabye ngo “nyabuneka ryama hasi”.

Amashusho yerekana abamurinda bamusohora huti huti mu cyumba bari barimo.

Abakoze iperereza ry’ibanze bavuze ko uregwa yari agambiriye abategetsi bakuru barimo na Perezida Trump.

Comments are closed.