Uganda: Anita Among yahagaritse ibyo kongera kuba umukuru w’inteko mu gihe arimo gukorwaho iperereza
Perezida w’inteko ishinga amategeko ya Uganda yatangaje ko atazahatanira uwo mwanya nyuma y’uko ubu harimo gukorwa iperereza kuri we ndetse ingo ze ebyiri zasatswe n’inzego z’umutekano, nk’uko ibinyamakuru muri iki gihugu bibivuga.
Anita Among, umwe mu banyapolitike bakomeje kugaragaza ko bari hafi cyane y’ishyaka NRM rya Perezida Museveni, yavuze ko yafashe icyo cyemezo “nyuma yo kugisha inama no kwisuzuma ubwe”.
Anita yatangaje ibi nyuma y’uko amakuru yemeza ko arimo gukorwaho iperereza kubyaha bya ruswa no kwigwizaho umutungo.
Asobanura ku birimo gukorwa, Gen Muhoozi Kainerugaba umugaba w’ingabo za Uganda yavuze ko ku mategeko ya se akaba na Perezida w’iki gihugu, “inzego z’umutekano zirimo gukora operation ‘Maliza Ufisadi’ [rangiza ruswa]”
Yongeraho ko “nta n’umwe uzasigara”.
Ibinyamakuru muri Uganda bivuga ko mu barimo gukorwaho iperereza harimo Anita Among umukuru w’Inteko Ishinga amategeko ya Uganda kuva mu 2022 asimbuye Jacob Oulanyah yari yungirije ubwo yari amaze gupfa.
Ikinyamakuru NewVision kivuga ko mu minsi micye ishize gusaka ku rugo rwa Among ruri ahitwa Kigo muri Kampala kwahasanze imodoka nyinshi z’agaciro ko hejuru cyane harimo iyo mu bwoko bwa Rolls-Royce.
Kivuga kandi ko ku wa gatandatu urundi rugo rwa Among ruri i Nakasero, naho muri Kampala, narwo rwasatswe.
Among yibukwa cyane mu 2021 ubwo nyuma yo gutorerwa kuba umukuru wungirije w’inteko ya Uganda aho yagize ati: “Nzaba umukuru wungirije w’inteko imyaka 10, n’umukuru w’inteko indi myaka 10”.
Umwaka ushize, Among yaranenzwe nyuma yo kugereranya avuga ko Museveni ari “Imana data” naho umuhungu we Muhoozi ari “Imana mwana”.
Comments are closed.