Ruhango: Abarya ari uko bakoze PSF yabahaye ibiribwa bizabatunga ukwezi ni Abantu bagera70.

9,781
Kwibuka30

Itsinda ry’Ihuriro ry’Abikorera (PSF) mu Mujyi wa Ruhango ryahaye ibiryo  abadozi, abanyonzi, abakobwa babyariye iwabo n’abandi babasha kubona icyo kurya ari uko bakoze mu buryo bw’umubyizi.

Umwe mu bahawe Ubufasha bavuga ko  hari abirirwaga ubusa, abandi bakaburara kuko aho bakuraga amafaranga ari mu bacuruzi , bakabahemba  ku munsi bakaba batagikora.

Tuyishimire Esther umwe muri abo, avuga ko we n’umugabo we  bari batunzwe no kwinjiza amafaranga bakoreye ku munsi.

Akavuga ko kuva aho COVID19 ibonekeye mu Rwanda no ku isi, akazi kahagaze.

Yagize ati “Guma mu rugo yasanze umugabo wanjye mu Mujyi wa Kigali, ni na we wakoreraga amafaranga menshi, ubu nanjye nibereye mu rugo.”

Tuyishimire yavuze ko we n’umwana we hari ubwo baburara bakagobokwa n’abaturanyi.

Gusa avuga ko  iyi nzara atari umwihariko ku muryango wabo, kuko na bagenzi be bari basangiye umwuga ari uko bahagaze.

Kwibuka30
Dr.Usengumuremyi Jean Marie Perezi wungirije muri aka karere ka Ruhango.

Perezida wungirije wa PSF mu Karere ka Ruhango, Dr Usengumuremyi Jean Marie avuga ko  muri ibi bihe bidasanzwe byo kwirinda COVID-19 aho  abantu benshi bari mu ngo, batekereje basanga guha ubufasha ibi byiciro ari ngombwa kuko  hari abatanganya ubushobozi nubwo bose badakora.

Ati “Twabageneye ibyo bazafungura muri uku kwezi, kandi twizera ko bizajya kurangira twabonye ubundi bufasha cyangwa twatsinze iki cyorezo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens yavuzeko ari ibikorwa bibiri byahuriranye kuko Ubuyobozi bw’Akarere bwatanze ibiribwa ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda hagamijwe  cyane kubifuriza Pasika.

Habarurema ati Dufite Imiryango ikeneye inkunga muri ibi bihe bidasanzwe birimo gahunda yo kwibuka Abazize Jenoside ya korewe Abatutsi no kwirinda Coronavirus.”

Abahawe inkunga  baryaga ari uko bakoze ni abantu 70 mu mujyi wa Ruhango.

Gusa ku ruhande rwabo hari abandi bari bategereje guhabwa ubufasha bijejwe ko buzabageraho mu minsi mike iri mbere. Iki kicyiro cy’aba baturage cyahawe ibiryo bifite agaciro ka Miliyoni eshatu n’igice by’amafaranga y’u Rwanda.

Dukomeze ingamba za Guma murugo duhashye Covid-19

Leave A Reply

Your email address will not be published.