Abagore bakubiswe nk’iz’akabwana bagaragurwa muu byondo nyuma yo gusangwa muri Lodge

15,532
Kwibuka30

Abagore 5 basanzwe muri Lodge bari kumwe n’abagabo banze gukurikiza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 bakubitwa nk’izakabwana banagaragurwa mu isayo ry’ibyondo

Abashinzwe umutekano mu Karere ka Amuru, mu gihugu cya Uganda mu gihe bageragezaga gushyira mu bikorwa gahunda yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, baguye gitumo abagore 5 bari basohokanye n’abagabo muri Lodge yo muri ako gace babategeka kwiyambura imyenda babakubita inkoni nk’iz’akabwana, maze babaryamisha hasi mu byondo babategeka kwigaragura mu isayo ry’ibyondo.

Nyuma yo gukorera abagore ibyo bikorwa by’urugomo, abo bashinzwe umutekano bagaragaye bishima ubona banejejwe n’icyo gikorwa benshi bitaga igikorwa kigayitse kandi kirimo kubura ubumuntu n’imbabazi.

Kwibuka30

Bakubiswe nk’iz’akabwana ku buryo inkoni zishushanije ku mubiri

Leta ya Uganda ikimara kubona amashusho y’iki gikorwa yise icy’urugomo, yahise ishakisha abo basirikare bakoze ibyo byaha, barabafata kuriI ubu bakaba bari mu maboko y’inzego z’umutekano mu gihugu cya Uganda. Prezida w’igihugu cya Uganda aherutse gushyiraho amategeko y’akato mu rwego rwo kwirida Covid-19.

Nyuma yo kugaragurwa mu byondo, bafashwe amafoto batangira kuyakwirakwiza mu bantu.

Leave A Reply

Your email address will not be published.