Nyamasheke: Abantu 7 baherutse kwicwa n’ibiza bashyinguwe

7,995
Kwibuka30

Abatuye mu bice by’imisozi ihanamye mu karere ka Nyamasheke, basabye ubuyobozi kubafasha kuva mu manegeka mu buryo bwihuse nyuma y’aho bikomeje kugaragara ko aho batuye harimo gushyira ubuzima bwabo mu kaga ndetse bamwe bakahasiga ubuzima.

Ni nyuma y’aho imvura yaguye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru, yateje inkangu zahitanye abantu 7 barimo 6 bo mu Murenge wa Kirimbi n’undi umwe wo mu Murenge wa Karambi.https://googleads.g.doubleclick.net/pagead/ads?client=ca-pub-7062056517440463&output=html&h=280&adk=246641806&adf=2608061952&pi=t.aa~a.1827394642~i.5~rp.4&w=798&fwrn=4&fwrnh=100&lmt=1650896179&num_ads=1&rafmt=1&armr=3&sem=mc&pwprc=4305029001&psa=1&ad_type=text_image&format=798×280&url=https%3A%2F%2Frba.co.rw%2Fpost%2FAbishwe-nibiza-i-Nyamashake-bashyinguwe&fwr=0&pra=3&rh=200&rw=797&rpe=1&resp_fmts=3&wgl=1&fa=27&adsid=ChEI8I2ZkwYQsvae4srG3vvVARI9AHBKnK1Xea71HnaLm4lmVu0KAW9m6-zTgQimxb-Dwe9ifueuGQctV1YrlsgrIJcyDQMyJFnesy0NvqiuUw&uach=WyJXaW5kb3dzIiwiMi4wLjAiLCJ4ODYiLCIiLCIxMDAuMC40ODk2LjEyNyIsW10sbnVsbCxudWxsLCI2NCIsW1siIE5vdCBBO0JyYW5kIiwiOTkuMC4wLjAiXSxbIkNocm9taXVtIiwiMTAwLjAuNDg5Ni4xMjciXSxbIkdvb2dsZSBDaHJvbWUiLCIxMDAuMC40ODk2LjEyNyJdXSx0cnVlXQ..&tt_state=W3siaXNzdWVyT3JpZ2luIjoiaHR0cHM6Ly9wYWdlYWQyLmdvb2dsZXN5bmRpY2F0aW9uLmNvbSIsInN0YXRlIjoyOSwiaGFzUmVkZW1wdGlvblJlY29yZCI6dHJ1ZX1d&dt=1650896179516&bpp=18&bdt=8546&idt=-M&shv=r20220420&mjsv=m202204190101&ptt=9&saldr=aa&abxe=1&cookie=ID%3D1c5f8ef7fa32b7b9-22ea29daddce00d1%3AT%3D1640895985%3ART%3D1640895985%3AS%3DALNI_Mb2sHsfW4-nmsHRirT6akWqzA2lcA&prev_fmts=0x0&nras=2&correlator=6453155763973&frm=20&pv=1&ga_vid=763350334.1640895967&ga_sid=1650896178&ga_hid=1078336349&ga_fc=1&u_tz=120&u_his=3&u_h=768&u_w=1366&u_ah=728&u_aw=1366&u_cd=24&u_sd=1&dmc=2&adx=130&ady=891&biw=1349&bih=600&scr_x=0&scr_y=0&eid=44759876%2C44759927%2C44759837%2C44762916%2C31065787%2C31066185%2C21067496&oid=2&pvsid=2956854917244477&pem=340&tmod=918222928&uas=0&nvt=1&ref=https%3A%2F%2Frba.co.rw%2F&eae=0&fc=1408&brdim=0%2C0%2C0%2C0%2C1366%2C0%2C1366%2C728%2C1366%2C600&vis=1&rsz=%7C%7Cs%7C&abl=NS&fu=128&bc=31&ifi=2&uci=a!2&btvi=1&fsb=1&xpc=FL4S2OtdYO&p=https%3A//rba.co.rw&dtd=166

Ibi bikimara kuba inzego z’ubuyobozi zihutiye gutabara abasigaye, ariko zinahumuriza aba baturage muri rusange.

N’ubwo bimeze bityo ariko abatuye muri ibi bice bagaragaza ko badafite andi mahitamo y’aho kujya gutura kuko abenshi bavuga ko badafite ubushobozi bwo kwimuka, ariko kandi bakanagaragaza ko aha hantu batuye hatagaragara ahashobora kujya umudugudu ngo nibura babe ari ho bimukira.

Kwibuka30

Aba bantu uko ari 7 bakimara gupfa, ubuyobozi bwihutiye guhita bwimura abandi baturage bigaragara ko batuye nabi harimo n’abo inzu zabo zatangiye gusenyuka ubu imiryango isaga 10 ikaba icumbikiwe mu byumba by’urwunge rw’amashuri rwa Kaburiro mu murenge wa Kirimbi.

Guverineri w’Intara y’u Burengerazuba, Habitegeko Francois yihanganishije imiryango yabuze ababo, asaba ko abantu bose bagituye munsi y’imikingo miremire n’imisozi bose bihutira kuba bahavuyemo, anasaba abaturanyi n’amadini kuba babakiriye.

Yavuze ko inkangu zikomeje gutwara abantu mu turere twinshi tw’uburengerazuba cyane cyane muri ibi bihe by’imvura nyinshi avuga ko buri wese akwiye kuba maso.

Umuryango wa Sibomana wabuze umugore n’abana babiri, wemerewe inka yo kumufasha kurera umwana umwe wasigaye.

Comments are closed.