U Rwanda ruhagaze gute kuri ruswa mu gihe Sudan y’Epfo na Somaliya biyoboye ibyamunzwe nayo?
Icyegeranyo cy’uko ruswa ihagaze ku isi gisohorwa buri mwaka cyashyize ibihugu byo muri Afurika y’iburasirazuba mu myanya ya nyuma y’ahari ruswa ikabije ku isi, usibye u Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere mu karere.
U Rwanda, ruri muri ako karere, rwo ruri ku mwanya wa 41 ku isi n’uwa kane muri Afurika mu bihugu birimo ruswa nke.
Iki cyegeranyo kizwi nka ‘Corruption Perceptions Index” gisohorwa na Transparency International kivuga ko ruswa igikomeje kuba “ikibazo gikomeye muri buri gace k’isi”.
Transparency ishyira ku rutonde ibihugu 182 igendeye ku buryo ruswa ihagaze mu nzego za leta, ibihugu bigahabwa amanota kuva kuri 0 (ahari ruswa ikabije) kugera ku 100 (ahatari ruswa).
Mu gihe Denmark ya mbere ku isi ifite amanota 89 ku 100, Sudani y’Epfo na Somaliya ni iza nyuma aho buri kimwe gifite amanota 9 gusa.
Transparency ivuga ko abategetsi bakwiye kurwanya gukoresha ubutegetsi nabi nka kimwe mu bitera ruswa.
Yongeraho ko imyigaragambyo irwanya ubutegetsi mu bice bitandukanye by’isi “yerekana ko abantu barambiwe ubutegetsi butagira icyo bubazwa kandi bifuza impinduka”.
Mu gihe ibihugu 31 byagabanyije bigaragara urugero rwa ruswa kuva mu 2012, ibihugu bisigaye “byananiwe guhangana n’iki kibazo kuko byagumye hamwe cyangwa bisubira inyuma muri icyo gihe”, nk’uko Transparency ibivuga.
Kuri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, mu bihugu 49 bine(4) gusa ni byo byagejeje ku manota ari hejuru ya 50 ku 100, kandi aka karere ka Afurika ni ko kari inyuma y’utundi twose ku isi kuri uru rutonde.
Mu bihugu byo muri ako karere ka Afurika birindwi gusa ni byo byateye intambwe mu kurwanya ruswa kuva mu 2012, ibindi 10 ruswa yarushijeho gukomera, nk’uko Transparency ibivuga.
Iki kigo kivuga ko muri Madagascar ibibazo bya ruswa biri mu byateje imyigaragambyo y’urubyiruko rw’aba Gen-Z yahiritse ubutegetsi mu Ukwakira umwaka ushize.
Angola yazamutse imyaka 17 kuri uru rutonde rwa CPI uhereye mu 2015 kubera ingamba zo kurwanya ruswa, nubwo bwose abaturage b’iki gihugu bakinubira ko ruswa ikibagiraho ingaruka zikomeye.
Ibihugu 10 bya mbere ku isi
- Denmark n’amanota 89
- Finland – 88
- Sengapore – 84
- New Zealand – 81
- Norway – 81
- Sweden – 80
- Ubusuwisi – 80
- Luxembourg – 78
- Ubuholandi – 78
- Ubudage – 77
Ibihugu 10 bya mbere muri Afurika
24 (ku isi). Seychelles – n’amanota 68
35. Cape Verde – 62
41. Botswana – 58
41. Rwanda – 58
61. Mauritius – 48
65. Namibia – 46
65. Senegal – 46
70. Benin – 45
70. Sao Tome na Principe – 45
76. Côte d’Ivoire – 43
76. Ghana – 43
Muri Afurika y’iburasirazuba
41. Rwanda – n’amanota 58
84. Tanzania – 40
130. Kenya – 30
148. Uganda – 25
163. DR Congo – 20
167. Burundi – 17
181. Somalia – 9
181. Sudani y’Epfo – 9
Comments are closed.