Byemejwe ko wa mugabo ukurikiranyweho gusambanira mu kabari afungwa iminsi 30 y’agateganyo

4,245
Kwibuka30

Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwategetse ko wa mukozi w’Akarere ka Nyamagabe uhereutse kugaragara mu bikorwa by’urukozasoni akomeza gufungwa iminsi 30 by’agateganyo.

Kuri uyu wa 25 Mata 2023, urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwategetse ko wa mukozi ukorera Akarere ka Nyamagabe akomeza gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Kwibuka30

Twibutse ko uyu mugabo mu ntangiriro zo muri uku kwezi kwa kane yagaragaye asa nk’uri gusambanira muri kamwe mu tubari two gace Gasyata umugore amwicaye ku bibero, undi nawe yakuyemo umukandara yanamanuye ipataro, byose bikorerwa mu ruhame.

Urukiko rwanzuye rutya nyuma y’aho uyu mugabo n’umwunganira mu mategeko basabye urukiko ko yaburana ataha iwe ariko rutera utwatsi ubu busabe bwe.

Leave A Reply

Your email address will not be published.