Nyagatare: Abanyarwanda baba mu mahanga bateye ibiti kuri hegitari 15

6,568
Kwibuka30

Itsinda ry’Abanyarwanda n’inshuti zabo z’Abanyamahanga baturutse mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika, u Burayi, Amerika na Asia, bifatanyije n’abaturage b’Umurenge wa Karangazi, Akagari ka Nyagashanga mu gutera ibiti ku buso bwa hegitari 15.

Ni igikorwa cyabaye ku ya 01 Ukuboza 2022, aho iryo tsinda rigizwe n’abantu 43, baturutse mu bihugu bya Kenya, Somalia, Ethiopia, Mali, Burkina Faso, Senegal, Ghana, Niger, Australia, Danmark, Bergium, Mexico na Syria.

Iri ritsinda rikaba ryari riyobowe n’Umuyobozi w’Ikigo Mpuzamahanga gikora Ubushakashatsi ku Mashyamba (International Center for Reaserch in Agro-Forest/ ACRAF), Dr. Athanase Mukuralinda.

Kwibuka30

Hatewe ibiti 3,000 by’imbuto ziribwa n’ibindi biti bivangwa n’imyaka nka gereveria n’ibindi, mu mirima ya Koperative KOTUKA, ishami rya Nyagashanga ku buso bwa hegitari 15.

Aba bahinzi bakaba bashimiye umufatanyabikorwa wabo, World Vision, ku bufasha bw’ibiti by’imbuto abagezaho kuko izatewe mbere zatangiye gutanga umusaruro.

Uyu mwaka w’ingengo y’imari, Akarere ka Nyagatare kihaye umuhigo wo gutera ibiti Miliyoni eshatu harimo iby’imbuto ziribwa, binyuze mu bafatanyabikorwa muri iyi gahunda, bashyize ubuhumbikiro bw’ibiti ahantu hatandukanye mu Mirenge yose igize Akarere.

Leave A Reply

Your email address will not be published.