Umugore witwa CHADIWA w’imyaka 42 yadonzwe n’inkoko arapfa.

9,124
Kwibuka30
Abantu batunguwe n’ inkoko yibasiye...

inkoko yibasiye umugore witwa Chandapiwa Makaza wari atuye mu mudugudu wa Chingodora mu gihugu cya Zimbabwe, aho yaje gupfa azize ibikomere yagize kubera icyo gitero giteye ubwoba.

Amakuru avuga ko Chandapiwa Makaza ufite imyaka 42, ukomoka mu mudugudu wa Chingodora, yibasiwe cyane n’iyi nkoko y’isake iramwicwa ubwo yari arimo anyura hafi y’urugo rw’uwitwa Zvikomborero Takarinda.

Umuyobozi w’agateganyo Zimunya yavuze ko iki ari ibintu biteye urujijo bitigeze bibaho muri uyu mudugudu wa Chingodora. Yatangaje ko Takarinda afite byinshi byo gusobanura ku bijyanye n’impamvu iyo sake yibasiye nyakwigendera. Ati:”

Mbere y’iki kibazo, ntabwo byari byigeze bibera muri aka gace. Ni amayobera kandi ntibisanzwe. Nzahamagara nyirayo mu rukiko rwanjye kugira ngo asobanure uburyo isake yonyine ishobora gutera umugore, bityo bikamuviramo urupfu. Ntabwo twashoboraga gukora inama zisanzwe z’urukiko kubera gufunga bitewe na Covid-19, ariko ubucuruzi buragenda busubira mu bisanzwe”

Turashaka kugera ku mizi y’iki kibazo. Abantu benshi bibwiraga ko uyu yapfuye urupfu rusanzwe, ariko tuzagikurikirana neza kandi twumve urubanza rwose. Ibyabaye ni kirazira, ikizira. Ubutabera bugomba gutsinda”.

Kwibuka30

Zvikomborero Takarinda avuga ku byabaye, yavuze ko atari bwo bwa mbere isake ye yibasiye umuntu. Yongeyeho ko isake yari ifite akamenyero ko kwibasira abantu cyane cyane abagore, ati:

Sinigeze nkoresha isake mu zindi ntego usibye korora. Nyamara, isake yari ifite akamenyero ko kwibasira abantu, cyane cyane abagore.

Ubu bwari ubwoko butandukanye kandi abantu bahoraga babuguriza kugirango bororoke bitewe n’ubunini bwabwo. Ntabwo bwari ubwa mbere uyu muryango uguriza”.

Icyakora, Takarinda yarize bidasubirwaho ubwo abaturage bari bateraniye mu muhango wo gushyingura basabye ko isake yicwa igatwikwa.

Abaturage bakangishije kumuhana. Nta kundi byagenda, Takarinda yahatiwe kwica no gutwika isake ye, amarira atemba mu matama.

Nkuko ikinyamakuru iHarare kibitangaza, Takarinda yiteguye kwitaba urukiko rw’umuyobozi gakondo kugira ngo arusheho gutanga ibisobanuro ku bintu by’amayobera byateje urupfu rwaChandapiwa Makaza.

(Src:Umuryango)

Leave A Reply

Your email address will not be published.