Uburusiya bwamishe amasasu menshi muri Kiev 5 bahasiga ubuzima abandi benshi barakomereka

1,370
Kwibuka30

Urufaya rw’amasasu y’ingabo z’u Burusiya kuri Kiev n’indi mijyi minini yo muri Ukraine rwahitanye abantu 5, naho abagera muri 92 barakomereka i Kharkiv kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Mutarama 2024.

Muri iki gitondo, umujyi wa Kiev wongeye kumvikanamo ibisasu byinshi, amasasu arasa indege, hamwe habaho guhinda umushyitsi kw’inkuta n’amadirishya birabomborekana, nk’uko byatangajwe n’umunyamakuru wa Radiyo mpuzamahanga y’u Bufaransa i Kiev, Stéphane Siohan. Umuyoboro wa interineti wahungabanye kandi inzu zigera ku 250.000 zabuze amashanyarazi.

Mu gihe Perezida Zelensky yamaganye ubukangurambaga bw’iterabwoba ry’u Burusiya nyuma y’ibitero bishya byibasiye Ukraine, ingabo z’u Burusiya zo zivuga ko zasenye ibirindiro bya Ukraine muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri.

Ejo hashize, u Burusiya bwatangaje ko bugiye gukaza ibitero mu rwego rwo kwihorera ku gitero cyagabwe kuri Belgorod ku wa Gatandatu, cyashinjwaga Ukraine.

Kuri uyu wa 2 Mutarama 2024, Umuyobozi wa Kiev, Vitali Klitschko, imbere y’inyubako yibasiwe n’ibisasu bya misile, urufaya rw’amasasu rwaguye ku murwa mukuru no mu mijyi minini ya Ukraine yasabye ko hakwihutishwa itangwa ry’intwaro zo mu Burengerazuba.

Kwibuka30

Nyuma y’ibi bitero, Ukraine yongeye guhamagarira kwihutisha itangwa ry’ibirwanisho by’iburengerazuba. Umuyobozi wa dipolomasi ya Ukraine, Dmytro Kouleba, yahamagariye u Burengerazuba bwitabira byimazeyo bukagira icyo bukora kuri ibyo bitero, cyane cyane mu kwihutisha guha Kiev izindi gahunda z’ingabo zirwanira mu kirere, indege zitagira abapilote z’ubwoko bwose” na “misile zifite intera y’ibilometero birenga 300”.

Kyiv, akarere ka Kyiv, na Kharkiv. Kugeza ubu, abantu 92 bakomeretse. Bose bahabwa ubufasha. Ikibabaje ni uko abantu bane bishwe. Mbabajwe nimiryango yabo naba hafi.

Nk’uko byatangajwe n’Umugaba mukuru w’ingabo za Ukraine, Valery Zalouzhny, ngo u Burusiya bwarashe “misile 99 z’ubwoko butandukanye” muri Ukraine muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, 72 muri zo zikaba zararashwe n’ingabo zirwanira mu kirere. Kuri Telegram, yavuze ko ingabo za Ukraine “zatsembye ibitero 72 byo mu kirere”, birimo misile 10 za Kinjal hypersonic na misile eshatu zo mu bwoko bwa Kalibre hamwe na 59 Kh-101, Kh-555 na Kh-55.

Akomeza avuga ko u Burusiya bwatangiye kugaba ibitero nijoro mu kohereza indege zitagira abadereva 35 ku muturanyi wabwo, zose zikaba zarashwe. Yavuze ko guhera saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ku isaha yaho, urukurikirane rw’amasasu yarashwe mu mpande nyinshi, zirimo gukoresha ibisasu bya Tu-95, ibisasu bya Mig-31 na Su-35.

Ati: “Ibikorwa remezo bya gisivili kandi by’ingenzi, zone z’inganda n’ibigo by’abasirikare byibasiwe. Intego nyamukuru y’ibi bitero ni umurwa mukuru wa Ukraine.

Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya yigambye ko yashenye muri Kiev no mu nkengero zayo ndetse no muri Kharkiv (iburasirazuba), aho amasosiyete yo muri Ukraine akora misile, drone no gusana intwaro n’ibikoresho bya gisirikare, n ‘ububiko bwa misile, amasasu n’intwaro zo mu kirere byahawe ubutegetsi bwa Kiev n’ibihugu by’Iburengerazuba.

(Uwase Rehema/ indorerwamo.com)

Leave A Reply

Your email address will not be published.