Joe Biden yabaye igitaramo ubwo yanyeraraga ku ngazi arikujya muri Air Force One

6,852
Kwibuka30

Perezida wa USA,Joe Biden,yanyereye ari kuzamuka ingazi z’indege imutwara ya Air Force One aragwa byatumye aba igitaramo mu binyamakuru ndetse no ku mbuga nkoranyambaga zitandukane.

Joe Biden yanyereye ku ngazi za Air...
yanyereye ku ngazi ubugira gatatu

Kuri uyu wa Hatanu nibwo Joe Biden yanyereye kuri izi ngazi aragwa ndetse abarimo umuhungu w’uwo yasimbuye witwa Donald Trump Jr bamugize igitaramo.

Image result for Donald Trump Jr
Donald Trump Jr

Biden yaguye ubugira gatatu ubwo yarimo yerekeza muri iyi ndege yari imujyanye muri Atlanta gusa abashinzwe ubuzima bwe bavuze ko ameze neza.

Kwibuka30

Umuvugizi wa White House, Karine Jean-Pierre, yavuze ko ibi byose byatewe n’umuyaga wari mwinshi ubwo uyu mukuru w’igihugu yinjiraga muri iyi ndege.

Yagize ati “Hari umuyaga mwinshi.Nanjye ubwanjye nari ngiye guhanuka ku ngazi.ameze neza 100 ku 100”.

Uyu Biden niwe muperezida wayoboye amerika akuze kuko ubu afite imyaka 78 ndetse bamwe mu banyamerika bemeza ko ageze mu zabukuru aka kazi atazagakora neza cyane ko atarakora ikiganiro n’abanyamakuru.

White House yatangaje ko iki kiganiro n’abanyamakuru cya mbere azagikora kuwa 25 Werurwe ubwo azaba yujuje iminsi 65 mu biro by’umukuru w’igihugu.

Iyi ni inshuro ya 2 Joe Biden aguye bikamenyekana kuko mu Ugushyingo nabwo yanyereye aragwa bimuviramo imvune ubwo yarimo gukina n’imbwa ze ndetse byamusabye kwambara inkweto z’abamugaye mu byumweru byinshi.

Image result for air force one
Leave A Reply

Your email address will not be published.