Minisitiri w’intebe wa Israyeli Netanyahu yasabiwe gufungwa

3,900
Kwibuka30

Afrika y’Epfo yasabye ko urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rusohora impapuro zo guta muri yombi minisitiri w’intebe wa Israeli kubera ibyaha by’ubwicanyi ingabo ze ziri gukorera muri Ghaza.

Leta y’Afurika y’Epfo yasabye urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC/CPI) gusohora urupapuro rwo guta muri yombi Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu bitarenze hagati mu kwezi gutaha kw’Ukuboza (12).

Khumbudzo Ntshavheni, Minisitiri mu biro bya Perezida w’Afurika y’Epfo, yavuze ko ICC nitabikora, bizaba ari ikimenyetso cyo “kunanirwa kuzuye” kw’ubutegetsi bw’isi.

Yagize ati: “Isi ntishobora guhagarara gusa irebera.”

Kwibuka30

Israel ivuga ko irimo kwirwanaho nyuma y’igitero cya Hamas cyo ku itariki ya 7 Ukwakira (10) uyu mwaka, cyiciwemo abantu 1,200 naho abandi barenga 200barashimutwa.

Ivuga ko irimo kugerageza kugabanya cyane umubare w’abasivile bapfa n’abakomereka, ariko Minisitiri Ntshavheni yavuze ko leta ya Israel irimo kugerageza “gukuraho Abanye-Palestine henshi muri Gaza no kuyigarurira”.

Afurika y’Epfo, hamwe na Bangladesh, Bolivia, ibirwa bya Comores (Comoros) na Djibouti, byatanze ubusabe muri ICC bwuko ikora iperereza niba hari ibyaha byo mu ntambara n’ibyaha byibasira inyokomuntu byakozwe muri Gaza.

Afurika y’Epfo imaze igihe ishyigikiye cyane Abanye-Palestine.

Muri uku kwezi kw’Ugushyingo (11), Afurika y’Epfo yatangaje ko ikuye abadiplomate bayo muri Israel, ndetse yumvikanisha ko umwanya w’ambasaderi wa Israel muri Afurika y’Epfo urimo “kurushaho kugorana ku kuba wagumaho”.

Leave A Reply

Your email address will not be published.