Leta ya Somaliland yitandukanyije ya Somalia yafunguye ambasade i Yeruzalemu, amezi atandatu nyuma yuko Israel ibaye igihugu cya mbere kiyemeye nk’igihugu cyigenga.
Ifungurwa ry’iyo ambasade mu gace kiganjemo ibikorwa by’ikoranabuhanga ko muri Yeruzalemu y’uburengerazuba, ryabaye mu gihe Perezida wa Somaliland Abdirahman Mohamed Abdullahi ari mu ruzinduko rw’akazi muri Israel.
Mu nama yagiranye na Perezida wa Somaliland, Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yavuze ku “mubano wa roho wimbitse uri hagati y’abaturage bacu”.
Kugeza ubu Somalia ifata Somaliland nk’ubutaka bwayo, yasobanuye ibyo biganiro n'”ubutegetsi bwitandukanyije bw’akarere k’amajyaruguru ya Somalia… [nk’] ihonyorwa ry’ubusugire bwayo”.
Kwemerwa na Israel kwa Somaliland, kwabaye mu Kuboza k’umwaka ushize, kwateje impaka. Ibihugu n’imiryango byose hamwe bibarirwa muri za mirongo birimo Ubushinwa, Turukiya, Arabie Saoudite n’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika byanenze uko kwemerwa na Israel.