Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwaburanishije ubujurire bw’abavandimwe babiri, Ngirayambonye Hesron na mukuru we Nsabimana Eliezer, bakurikiranyweho icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu iburanisha ryabaye ku wa 17 Nzeri 2026, aba bombi basabye urukiko gutesha agaciro icyemezo cyari cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Ruhango cyo kubakurikirana bafunzwe by’agateganyo, bavuga ko bafite impamvu zituma bakurikiranwa bari hanze.
Icyaha bakekwaho cyabereye mu Mudugudu wa Biroro, Akagari ka Ngwa, Umurenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza. Bombi batawe muri yombi muri Kamena 2026, kuva icyo gihe bakaba bafungiye mu Igororero rya Muhanga.
Mu rubanza, Ngirayambonye Hesron yabwiye urukiko ko mu gihe cya Jenoside yari umwana uri munsi y’imyaka 10 y’amavuko, ariko ko yibuka neza ibyabaye. Yavuze ko yabonye mukuru we avumbura umuntu wari wihishe, akamushorera, nyuma uwo muntu akaza kwicwa.
Ngirayambonye yavuze kandi ko ayo makuru yayatanze mu nkiko Gacaca mu mwaka wa 2007, aho yashinjaga mukuru we uruhare yagize muri ibyo bikorwa. Avuga ko kuva icyo gihe mukuru we yamugiriye inzika ndetse akomeza kumwanga.
Yagize ati: “Kuva natanga ayo makuru, mukuru wanjye yangenzeho, ashaka no kunyicisha yitwaza amafaranga afite.”
Yakomeje avuga ko afata ifungwa rye nk’iryashingiye ku makimbirane amaze igihe hagati ye na mukuru we, asaba urukiko kumurekura agakurikiranwa adafunze.
Ku ruhande rwa Nsabimana Eliezer, yemereye urukiko ko mu gihe cya Jenoside yavumbuye umuntu wari wihishe, ari kumwe na murumuna we, bakamushorera, nyuma uwo muntu akaza kwicwa n’abandi.
Yasobanuye ko ibyo bikorwa yabigezeho mu nkiko Gacaca, akaba yarabihaniwe ahabwa igifungo cy’imyaka itatu, yagikatiwe kandi akagisoza.
Nsabimana yavuze ko atazi aho umurambo w’uwo muntu wajugunywe kuko, nk’uko yabigaragaje, atari mu bamwishe. Na we yasabye urukiko kumurekura agakurikiranwa ari hanze.
Umwunganizi wa Nsabimana yashimangiye ko umukiriya we yemeye uruhare rwe mu kuvumbura no gushorera uwo muntu, akaba yarabihaniwe ndetse yararangije igihano yakatiwe, bityo ko nta mpamvu yo gukomeza kumufunga by’agateganyo.
Ubushinjacyaha bwo bwagaragaje ko Ngirayambonye atigeze akurikiranwa ku byabaye mu 1994 kubera ko icyo gihe yari akiri umwana muto. Bwavuze kandi ko hari amakuru agaragaza ko yigeze kuvugana n’umwe mu bana b’uwishwe, amubwira ko ashobora kumwereka aho nyina yajugunywe.
Ubushinjacyaha bwasobanuye ko uwo mwana yagiye hamwe na Ngirayambonye aho yavugaga ko umurambo uri, ariko nyuma yo kuhacukura ntihagira ibisigazwa by’umubiri biboneka.
Uhagarariye Ubushinjacyaha yagize ati: “Ntibagaragaza aho bamugejeje n’aho yajugunywe kugira ngo ashyingurwe mu cyubahiro, ahubwo bakomeje kwepa inshingano zabo no guhisha amakuru yafasha mu kumenya ukuri.”
Ubushinjacyaha bwongeyeho ko iperereza kuri iki cyaha rigikomeje, busaba urukiko gukomeza gutegeka ko Ngirayambonye na Nsabimana bakurikiranwa bafunzwe by’agateganyo kugira ngo hatagira ibimenyetso bishobora kuburizwamo.
Nyuma yo kumva impande zombi, Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwatangaje ko ruzafata icyemezo ku bujurire bw’aba bavandimwe ku wa 22 Nzeri 2026.
Urubanza rukomeje gukurikiranwa cyane cyane kubera ko rurebana n’icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi, icyaha gifatwa nk’ikibangamira ukumenya ukuri no guha icyubahiro abishwe batarashyingurwa mu buryo bukwiye.